Nigeria: Umuhanzi yapfuye nyuma yo kurumwa n'inzoka ari iwe

Ifunanya Nwangene arimo guseka

Ahavuye isanamu, Ifunanya Nwangene/IG

Abantu benshi muri Nigeria bagaragaje agahinda kubera urupfu rw'umuhanzi wari ukizamuka wapfuye ku wa gatandatu nyuma yo kurumwa n'inzoka mu murwa mukuru, Abuja.

Ifunanya Nwangene w'imyaka 26, yamenyekanye ubwo yerekanaga impano ye mu irushanwa rya The Voice Nigeria mu 2021. Yari azwiho kubasha kuririmba injyana za jazz, soul, opera, n'umuziki wa cyera.

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana umuntu uzi kwita ku nzoka arimo gusohora inzoka mu nzu (apartment) y'uyu muhanzi, mu gihe abantu bari hafi bumvikana batangara ngo: "Ni cobra!".

Inshuti ye ya hafi, Sam Ezugwu uri mu bakuriye inzu ya muzika Ifunanya yakoreragamo, yabwiye BBC ko uyu muhanzi yari "icyamamare kirimo kuzamuka".

Sam yavuze ko yariho ategura 'contert' ya mbere ya Ifunanya wenyine muri uyu mwaka. Kandi ko uyu mukobwa yari yaranize gushushanya inyubako.

Hillary Obinna, indi nshuti ye baririmbanaga, yabwiye BBC ko Ifunanya yari asinziriye "akangurwa no kurumwa n'inzoka".

Obina avuga ko nyuma basanze inzoka ebyiri mu nzu ye.

Ifunanya yabanje kuvurirwa ku bitaro bito biri hafi ariko yasanze nta muti urwanya ubumara (antivenom) bafite maze ajya ku bitaro bikuru.

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Sam Ezugwu avuga ko yihutiye kujya kwa muganga Ifunanya yajyanyweho. Ko ibi bitaro byari bifite umuti umwe urwanya ubumara ariko badafite uwundi na wo wari ukenewe.

Yagize ati: "Mu gihe bariho bagerageza kumufasha, ntiyabashaga kuvuga ariko yashoboraga kunyeganyeza amaboko. Guhumeka byariho bimunanira."

Sam Ezugwu avuga ko yasohotse akajya gushaka uwo muti wundi ariko yagaruka agasanga byarangiye, yapfuye.

BBC yabajije ibyo bitaro kugira icyo bibivugaho.

Sam avuga ko itsinda ryose riririmbana na Ifunanya ryagiye kwa muganga uwo mugoroba, "bizeye ko hari igitangaza gishobora kuba".

Obinna avuga ko Ifunanya "yari umukobwa w'igitangaza, wicisha bugufi – uzi ubwenge cyane kandi ufite impano ikomeye".

Ati: "Abantu bose baguye mu kantu. Ntitwabashije gusinzira nijoro".

Urupfu rw'uyu mukobwa rubaye mu gihe hakiri impaka kuri serivisi ibitaro muri Nigeria bitanga, nyuma y'ibirego byinshi by'uburangare bw'abaganga.

Ibyo birimo urupfu ruheruka kuvugwa cyane rw'umwana wari ufite amezi 21 w'umwanditsi uzwi cyane Chimamanda Ngozi Adichie. Ibitaro yaguyemo byahakanye ko nta burangare cyangwa ikibi cyabaye.

Mu gusubiza ku kwinuba kwa rubanda, Minisitiri w'ubuzima wa Nigeria yemeye ko "hari ingorane ziri" mu rwego rw'ubuzima kandi ko bashinze itsinda ryo gukurikirana "imitegekere y'ibitaro no kwita ku barwayi".

Abicwa no kurumwa n'inzoka muri Nigeria bakunze kuvugwa cyane mu bice by'icyaro, bityo urupfu rw'uyu muhanzi rwatunguye benshi kuko yari atuye mu gace gateye imbere mu murwa mukuru.

Ishami rya ONU ryita ku buzima OMS/WHO rivuga ko kurumwa n'inzoka z'ubumara ari ikibazo inzego z'ubuzima zikerensa mu bihugu byinshi byo mu turere tw'imirongo mbariro (tropicals) y'isi.

Muri Afurika, ku mwaka kwa muganga habarurwa abantu hagati y'abantu 435,000 na 580,000 bajya kwa muganga barumwe n'inzoka, nk'uko OMS ibivuga.

Abana n'abagore bo mu byaro ni bo kenshi bibasirwa, aho kandi ubuvuzi bukiri hasi.

Uko kurumwa n'inzoka gutera imfu zigera ku 30,000 ku mwaka muri Afurika yo munsi y'ubutayu bwa Sahara, nubwo bamwe bavuga ko imibare nyakuri ishobora kuba iri hejuru cyane iyi.

Inzobere zivuga ko ubukene bw'imiti irwanya ubumara ari impamvu ikomeye iki kibazo gikomera. Ibi bituma abarumwa n'inzoka benshi bajya kwivuza ku bavuzi gakondo, bityo abarumwe n'inzoka benshi n'abo zishe ntibabarurwe.

Havugwa kandi ikibazo cy'uko iyo miti iba ihenze cyane, no kuyibika bikagorana kuko isaba kubikwa mu byuma bikonjesha mu buryo busaba amashanyarazi ahoraho.